Nufashwa Yafasha Radio

Thursday, October 10, 2013

Song Il-gook uzwi cyane nka Jumong muri filime aherutse i Musanze

Song Il-gook ni umukinnyi w’amafilime ukomeye wo mu gihugu cya koreya y’amajyepfo, yavutse tariki ya mbere ukwakira mu mwaka w’1971.
Uyu mugabo wititiwe filime Jumong yakunzwe cyane ku isi, yaba aherutse mu Rwanda kureba uburyo yakubaka inzu y’ubucuruzi, izibanda ku kuzamura imibereho y’abagore b’abapfakazi mu karere ka Musanze.
Nk’uko Che Joon Yu, umunya Koreya y’Epfo wigisha nk’umukorerabushake mu ishuri ryisumbuye ry’idini ya Islam mu karere ka Musanze,  yabitangarije Kigalitoday, ngo Jumong yamaze icyumweru cyose cya nyuma cy’ukwezi kwa cyenda uyu mwaka mu Rwanda.

Uyu mugabo yaje mu Rwanda gusa ntabwo byamenywe na bose
Che Joon Yu ati, Jumong yari mu Rwanda. Yari aje kureba uko yakubaka inzu y’ubucuruzi izakorerwamo ahanini n’ abapfakazi. Hari abapfakazi benshi muri Musanze kandi benshi usanga bakorera hamwe. KOICA yashatse uko yabafasha, maze Jumong nawe akaba yari yaje muri uwo mushinga”
Uyu munya Koreya akomeza avuga ko Jumong yabashije gusura ibice bitandukanye by’igihugu, harimo nka Musanze, Muhanga ndetse n’ibice bitandukanye muri Kigali, aho yabashije gusohokera mu ma resitora atandukanye y’Abayapani n’Abanyakoreya muri Nyarutarama n’ahandi mu mujyi wa Kigali.
Kimwe n’ibindi byamamare, Jumong ntabwo yigeze atangaza iby’uru ruzinduko rwe mu Rwanda, ahubwo akaba yarahisemo kurukora nk’umuntu usanzwe, akora uko ashoboye haba itangazamakuru ryo mu gihugu cye ndetse n’iryo mu Rwanda ntiryamenya ko ahari kugeza asubiye iwabo.

AMATEKA YA SONG IL-GOOK
Song  avukira mu muryango ukomeye kuko ari umwuzukuruza wa Kim Chwa Chin uzwiho kuba yaraciye ubucakara muri Koreya akaba ari numwe mu baharaniye ubwigenge bw’icyo gihugu.


Nyina umubyara ni Kim EuL Dong ukuriye ishyaka rya Aenuri akaba ari numwe mu bagize inteko ishinga amategeko ya Koreya y’amajyepfo ndetse kandi uretse kuba umunyapolitikikazi ni n’umukinnyi w’amakinamico ukomeye muri Koreya y’amajyepfo. Song Il-gook yize ibijyanye no kwiyerekana akaba yararangije muri Kaminuza ya Cheongju University.
Uretse kuba umukinnyi ukomeye w’amafilime kandi ,Song Il-gook wamenyekanye muri film nka Jumong yakoze n’akazi ko kwerekana imideli, ariko icyo azwiho cyane cyane nuko yahagarariye igihugu cye mu mikino ya olympique yabereye I Seoul mu mwaka w’2008 mu mukino wa triathlon (Umukino wo guhuza imikino itatu mu gihe kimwe nu ukuvuga gusiganwa ku magare, ukavamo ukora isiganwa ryo koga ukarangiriza mu gusiganwa wiruka n’amaguru).
Song Il-gook amaze gukina amafilime menshi kuva mu mwaka w’1999, akaba yaramenyekanye cyane muri film nka Jumong, Kingdom of The Wind, A Man Called God, n’izindi nyinshi.
uretse kuba yarakunzwe cyane kubera film Jumong yatumye ahabwa ibihembo byinshi, kuri ubu muri Leta ya Hawai  tariki ya 21 Werurwe ni umunsi wahariwe Sung Il-gook (Song Il-gook Day) kuva mu mwaka w’2009.
Si ibyo gusa kandi kuko muri Mata 2010 yatumiwe gusangira n’abayobozi b’igihugu cya Kazakhstan, kubera film Jumong yamenyekanye mo.
Tariki 15 Werurwe 2008, Sog Ik-gook yasezeranye n’umucamanzakazi utari wakamenyekana izina icyo gihe kuko ubukwe bwabo bwabaye mu ibanga, ariko nyuma yaje gutangaza ko umugore we yitwa Jeong Seung Yeon.
Song Il-gook kuri ubu yungirije umuyobozi w’ishyirahamwe ry’imikino ya Triathlon muri Korea akaba abarizwa mu bantu batarya inyama n’ibindi bikomoka ku nyamaswa byose kubera impamvu zo kubungabunga ubuzima ndetse n’iz’imyamerere.

Munyengabe Murungi Sabin

No comments:

Post a Comment